Umuvugizi wa M23 Willy Ngoma Yarashwe
Umutwe wa M23 watangaje ko wagabweho ibitero n’ihuriro ry’ingabo za Congo, Abarundi FDLR n’abacanshuro byibasiye n’abaturage batuye ahantu hatandukanye cyane muri teretwari ya Rubaya.
Andi makuru yahise atangira gukwirakwizwa n’abari hafi y’uyu mutwe yavugaga ko umuvugizi w’ishami rya Gisirikare ry’uyu mutwe yarasiwe muri ibi bitero arashwe n’inde nto itagira umupilote (drone). Aya makuru yahise yemezwa n’ibiro ntaramakuru by’abongereza reuters bivuga ko yabihamirijwe n’abayobozi muri uyu mutwe.
Reuters ivuga ko aya makuru yayahamijwe n’umuyobozi muri M23 n’umudipolomate wo mu Burengerazuba.
Kugeza ubu nta tangazo rya M23 rivuga abahitanywe n’ibitero bagabweho gusa uyu mutwe wiyamye ibi bitero uvuga ko biri kuba mu gihe impande zombi zumvikanye ku gahenge kasabwe n’igihugu cya Angola







Leave a comment