...

ibivugwa.com

U Rwanda rugiye guhagarika ikoreshwa rya 2G na 3G, abaturage basabwe kwitegura kwimukira kuri 4G

Rate this post

Yanditse na Diogenes Pajojo

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje gahunda yo guhagarika burundu ikoreshwa ry’imiyoboro ya telefone igendanwa ya 2G na 3G, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ikoranabuhanga no kongera umuvuduko wa internet ku baturage.

Iki cyemezo cyatangajwe na Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT), igaragaza ko umuyoboro wa 3G uzahagarikwa ku rwego rw’igihugu bitarenze tariki ya 30 Kamena 2027, mu gihe ihagarikwa rya 2G rizakorwa nyuma y’isuzuma rizemeza ko igihugu cyiteguye neza kwimukira ku ikoranabuhanga rishya.

Iyi gahunda iri mu ngamba zo kuvugurura urwego rw’itumanaho, aho u Rwanda rugamije gukoresha cyane imiyoboro ya 4G na 5G, ifite ubushobozi bwo gutanga internet yihuta kandi ihamye, ikanafasha abaturage kubona serivisi zitandukanye zishingiye ku ikoranabuhanga.

MINICT ivuga ko gukuraho 2G na 3G bizafasha kongera ubushobozi bw’imiyoboro y’itumanaho, bikorohereze ibigo bitanga serivisi gushora imari mu kwagura no kunoza imiyoboro ya 4G na 5G mu gihugu hose.

Abakoresha telefone biteganyijwe ko bazungukira muri iyi gahunda binyuze mu kubona internet yihuta, guhamagara bifite ireme, kugabanya ibibazo byo gucikagurika kw’imiyoboro, ndetse no koroherezwa gukoresha serivisi z’imari kuri telefone, serivisi za Leta zitangwa hifashishijwe ikoranabuhanga, uburezi n’ubuvuzi bwo kuri internet.

MINICT iri gukorana n’Urwego Ngenzuramikorere (RURA), ibigo by’itumanaho n’izindi nzego zitandukanye kugira ngo iyi gahunda ishyirwe mu bikorwa mu buryo budahungabanya serivisi abaturage basanzwe babona.

Iri hinduka rizashingira ku kuba umuyoboro wa 4G ugeze henshi kandi ufite ireme, ndetse no kuba serivisi z’ingenzi zirimo guhamagara, ubutumwa bugufi (SMS), amafaranga yo kuri telefone, serivisi z’ubutabazi n’izindi zikomeza gukora nta nkomyi.

Mu rwego rwo kwitegura iri hinduka, Guverinoma yasabye ibigo n’inzego zikoresha sisitemu zishingiye kuri 2G cyangwa 3G gutangira kuzivugurura, cyane cyane izikora mu nzego z’imari, amashanyarazi, ubwikorezi, ubuzima, umutekano n’imitangire ya serivisi za Leta.

Abaturage na bo basabwe kugenzura niba telefone zabo hamwe na SIM Card bashyizemo bishobora gukoresha umuyoboro wa 4G. Ibigo by’itumanaho bizakomeza kumenyesha abakiliya bakeneye guhindura telefone cyangwa SIM kugira ngo bazakomeze kubona serivisi nta nkomyi.

MINICT yatangaje ko mu mwaka wa 2026 hazakorwa igerageza ryo guhagarika bimwe mu bice bikoresha 2G na 3G, mbere y’uko 3G ihagarikwa burundu mu mwaka wa 2027.

Iyi gahunda ni imwe mu nkingi z’ingenzi u Rwanda rwifuza kubakiraho ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga, hagamijwe ko abaturage n’abashoramari babona serivisi z’itumanaho zigezweho kandi zizewe.

 

Related posts

1 0

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Get In Touch

+250 791169327

+250 783288024

ibivugwakwisi@gmail.com

Follow Us

© www.ibivugwa.com . All Rights Reserved. | Design & develop by Pacoder

Seraphinite AcceleratorOptimized by Seraphinite Accelerator
Turns on site high speed to be attractive for people and search engines.