...

ibivugwa.com

Djihad n’abo bareganwa bakatiwe Imyaka itatu n’Urukiko.

Rate this post

Yanditswe na Diogene Pajojo

 

Djihad n’abo bareganwa bakatiwe Imyaka itatu n’Urukiko.

bane barimo abazwi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda bakatiwe n’Urukiko rw’Ibanze i Kigali gufungwa imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni eshatu rubahamije icyaha cyo gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni.

Uzabakiriho Syprien uzwi nka Djihad, Kalisa John uzwi nka K John, Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta na Ishimwe Francois Xavier batawe muri yombi mu mpera z’umwaka ushize nyuma y’uko amashusho y’umwe mu bahanzi bazwi mu Rwanda akwiriye ku mbuga nyinshi zihuza abantu.

Urukiko rwavuze ko umwe muri aba baregwa ari we watse ayo mashusho umuhanzi witwa Yampano ashaka kuyareba gusa maze akayaha undi nawe uregwa, uwo nawe akayakwirakwiza, ibyo urukiko rwavuze ko bigize icyaha.

Umwe muri batanu bose hamwe baregwaga yagizwe umwere.

Uzabakiriho Syprien uzwi nka Djihad yahamijwe iki cyaha n’umugambi wo kugikora bivuye ku rubuga yashinze ruhuza abantu hafi 1000 rwasangiriweho ayo mashusho kandi na we ‘screenshot’ yayo akayishyira kuri ‘status’ ye.

Abaregwa bafite iminsi 30 yo kujuririra umwanzuro w’uru rukiko rw’ibanze.

Related posts

5 0

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Get In Touch

+250 791169327

+250 783288024

ibivugwakwisi@gmail.com

Follow Us

© www.ibivugwa.com . All Rights Reserved. | Design & develop by Pacoder

Seraphinite AcceleratorOptimized by Seraphinite Accelerator
Turns on site high speed to be attractive for people and search engines.